Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.
Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa
Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke
Mu bujurire Eugène Rwamucyo na bwo yakatiwe gufungwa imyaka 27 ku byaha bya jenoside
Urugereko rw'ubujurire mu rukiko rw'ibanze rwa Paris mu Bufaransa ku wa gatanu rwakatiye Umunyarwanda Dr Eugène Rwamucyo gufungwa imyaka 27, nyuma yo guhamwa n'ubufatanyacyaha mu gukora jenoside yabaye mu Rwanda mu 1994, ubufatanyacyaha mu byaha byibasiye inyokomuntu no gufatanya mu mugambi wo gukora jenoside.
Ni na cyo gihano yari yakatiwe mu iburanisha ry'ibanze mu mwaka 2024.
Umunyamategeko Richard Gisagara, wo mu ruhande rw'abareze, yatangaje ubutumwa ku rubuga nkoranyambaga rwa X avuga ati: "Ubutabera buratanzwe."
Yongeyeho ko azirikana cyane "abo yishe" b'i Huye (Butare) no mu zahoze ari komine Gishamvu na Ndora, mu yahoze ari perefegitura ya Butare, ubu ni mu ntara y'amajyepfo y'u Rwanda.
Radio RFI yasubiyemo amagambo y'umukobwa wa Rwamucyo, ubwo yari asohotse mu rubanza rwa se ku mugoroba wo ku wa gatanu, avuga ko yumiwe. Yagize ati: "Jyewe sinari mbyiteze mu by'ukuri. Nari mfitiye icyizere ubutabera, kandi nta bwo tubonye. [Uku] Ni ugutenguhwa gukomeye."
Dr Eugène Rwamucyo, watawe muri yombi mu Bufaransa mu mwaka wa 2010, yakomeje guhakana ibyo yaregwaga avuga ko ari umwere.
Uru rubanza rwari rumaze ibyumweru bitandatu ruburanishwa mu bujurire.
Ni urubanza yari yajyanye mu bujurire nyuma yaho mu Kwakira (10) mu mwaka wa 2024 urukiko rw'ibanze rumukatiye gufungwa imyaka 27 kubera kugira uruhare mu kwica Abatutsi muri jenoside yabaye mu Rwanda mu 1994.
Rwamucyo, w'imyaka 67, mu gihe cya jenoside yari umuganga ku bitaro bya Kaminuza y'u Rwanda i Butare, bizwi nka CHUB.
Mu rukiko mbere yari yahamwe n'ibyaha birimo ubufatanyacyaha muri jenoside, kubiba urwango rwangisha Abatutsi, ubufatanyacyaha mu byaha byibasira inyokomuntu, no gufatanya mu gutegura ibyo byaha.
Ku wa gatatu, ubwo yamusabiraga gufungwa imyaka 30, umushinjacyaha Aude Duret yari yasabye urukiko rw'ubujurire rw'i Paris gufata Rwamucyo nk'uwakoze jenoside ubwe, akanafasha mu kuyikora ndetse agahamwa no kugira uruhare mu cyaha cyibasira inyokomuntu.
Icyo gihe umushinjacyaha yasobanuye Rwamucyo nk'uwari umukozi wa leta wakoranaga "ishyaka ry'ikirenga" kandi wemeraga ibitekerezo n'imigambi ya jenoside bya leta y'u Rwanda y'icyo gihe.