Chris Brown yatawe muri yombi aregwa gukubita umuntu mu kabyiniro i London

Chris Brown ubwo yari ari mu gitaramo cyo mu iserukiramuco rya muzika 'Tycoon Music Festival' mu mujyi wa Detroit muri leta ya Michigan muri Amerika, mu kwezi gushize. Arimo kuvugira mu ndangururamajwi, yambaye ijaketi irimo amabara y'umukara n'umutuku.

Ahavuye isanamu, Getty Images

Insiguro y'isanamu, Chris Brown ubwo yari ari mu gitaramo cyo mu iserukiramuco rya muzika 'Tycoon Music Festival' mu mujyi wa Detroit muri leta ya Michigan muri Amerika, mu kwezi gushize
    • Umwanditsi, Steven McIntosh na Victoria Bourne
    • Igikorwa, BBC News
  • Igihe co gusoma: iminota 3

Polisi y'Ubwongereza yareze umuhanzi w'Umunyamerika Chris Brown gukomeretsa cyane ku bushake.

Polisi y'Ubwongereza ivuga ko iki kirego kijyanye no gukubita, amakuru avuga ko kwabereye mu kabyiniro kari rwagati mu murwa mukuru London, ku itariki ya 19 Gashyantare (2) mu mwaka wa 2023.

Uyu muhanzi w'imyaka 36 yatawe muri yombi muri hoteli yo mu mujyi wa Manchester mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bw'Ubwongereza mu masaha ya kare yo ku wa kane.

Aracyari muri kasho ndetse biteganyijwe ko agezwa mu rukiko rw'ibanze rw'i Manchester kuri uyu wa gatanu.

Adele Kelly, umushinjacyaha mukuru wungirije w'agace k'amajyaruguru ya London, yagize ati: "Twahaye uruhushya polisi rwo kurega Chris Brown ikirego kimwe cyo gukomeretsa cyane, binyuranyije n'igika cya 18 cy'itegeko rijyanye n'ibyaha bikorerwa umuntu ryo mu 1861."

Yongeyeho ko "ibikorwa byo mu rwego mpanabyaha kuri uyu uregwa birimo kuba" ndetse "afite uburenganzira bwo kuburanishwa mu buryo buboneye [butabera]".

Ikinyamakuru the Sun cyo mu Bwongereza cyatangaje ko uyu muririmbyi wo mu njyana ya R&B yageze ku kibuga cy'indege cy'i Manchester mu ndege yihariye ku wa gatatu nyuma ya saa sita z'amanywa.

Mbere, byari byatangajwe ko Brown yafunzwe acyekwaho gukomeretsa cyane Abe Diaw utunganya imiziki ubwo bari bari mu kabyiniro kitwa Tape kari mu gace ka Mayfair rwagati mu mujyi wa London.

Skip podcast promotion and continue reading
WhatsApp channel ya BBC Gahuza

Amakuru ya BBC Gahuza ako kanya kuri WhatsApp yawe

Kanda hano ujyeho

End of podcast promotion

BBC yagerageje kuvugana n'abahagarariye Brown kugira ngo bagire icyo babivugaho.

Umuvugizi wa polisi y'Ubwongereza yabwiye BBC News ati: "Umugabo w'imyaka 36 yatawe muri yombi kuri hoteli i Manchester nyuma gato ya saa munani z'ijoro [nyuma gato ya saa cyenda z'ijoro zo mu Rwanda no mu Burundi] ku wa kane, ku itariki ya 15 Gicurasi [5] acyekwaho gukomeretsa cyane."

"Yajyanwe muri kasho ari ho akiri.

"Uku gutabwa muri yombi kujyanye n'ibyabereye i Hanover Square [rwagati muri London] ku itariki ya 19 Gashyantare [2] mu mwaka wa 2023.

"Iperereza riyobowe n'abapolisi bo mu itsinda rikorera mu gace ka 'Central West Area Basic Command Unit.'"

Avugana na the Sun mu mwaka wa 2023, Diaw yavuze ko Brown yamukubitishije icupa mu mutwe, nyuma akamutera ingumi n'imigeri ubwo yari arambaraye hasi.

Yavuze ko ivi rye ryavunitse akajyanwa mu bitaro, ndetse agacyenera imbago kugira ngo ashobore gutambuka ubwo yavaga mu bitaro.

Brown yatangiye kwamamara mu myaka 20 ishize, ndetse azwi cyane mu ndirimbo zakunzwe cyane nka 'Beautiful People', 'No Air', 'Under The Influence', 'Run It' na 'Turn Up The Music'.

Kuri ubu ari mu gikorwa cyo gukora ibitaramo mu bihugu bitandukanye ndetse yitezwe gukora ibitaramo byinshi mu Bwongereza muri Kamena (6) na Nyakanga (7) uyu mwaka.