RD Congo: Perezida Tshisekedi yatangaje ibiganiro 'bidaheza' ariko akumira imitwe yitwaje intwaro

Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo yambaye ikositimu y'ubururu, ishati y'umweru na karuvati irimo amabara y'ubururu. Arimo kuvugira mu ndangururamajwi ebyiri, iruhande rwe hari ibendera ry'igihugu.

Ahavuye isanamu, Présidence RDC / X

    • Umwanditsi, Paul Njie
    • Igikorwa, BBC Afurika
  • Yatangajwe
  • Igihe co gusoma: iminota 3

Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC) Félix Tshisekedi yatangaje ko hagiye guterana ibiganiro bidaheza byo ku rwego rw'igihugu bigamije guteza imbere amahoro, ubumwe n'ubwiyunge mu gihugu.

Mu ijambo ryanyuze kuri televiziyo yagejeje ku baturage ku mugoroba wo ku wa kane, Perezida Tshisekedi yavuze ko ibyo biganiro bizaha Abanye-Congo umwanya wo kuganira no gushakira hamwe ibisubizo ku bibazo bitandukanye igihugu gihanganye na byo, birimo umutekano mucye, intege nke mu miyoborere, itangwa rya serivisi za leta ndetse n'ubusumbane mu baturage.

Ibi biganiro, bishobora kumara amezi agera kuri atatu, bizatangira hategurwa ibiganiro n'abaturage ku rwego rw'ibanze ndetse no mu ntara 26 zose z'igihugu, mbere yuko bisozwa n'ibiganiro byo ku rwego rw'igihugu bizabera mu murwa mukuru Kinshasa.

Perezida Tshisekedi yagize ati: "Ibi biganiro ni gahunda yigenga y'igihugu, byateguwe n'Abanye-Congo kandi bigenewe Abanye-Congo. Bizabera ku butaka bw'igihugu kandi bizibanda gusa ku nyungu zisumba izindi z'igihugu."

Yasobanuye iyi gahunda nk'"igamije kugera kuri byinshi", kandi ko izitabirwa n'abaturage b'ingeri zose ndetse n'abafite ibitekerezo bya politike bitandukanye, nta vangura.

Gusa yavuze ko hari abantu bamwe batazemererwa kwitabira ibi biganiro.

Perezida Tshisekedi yavuze ko "abantu barwanya ubutegetsi buriho bifashishije intwaro, bigaruriye igice cy'ubutaka bw'igihugu ku ngufu, abayobora inzego z'ubuyobozi zitemewe n'amategeko mu bice bya Repubulika [by'igihugu], cyangwa abakorera igihugu cy'amahanga, ari cyo u Rwanda, ntibazemererwa kwitabira ibi biganiro nk'igice cya politike [nk'abanyapolitike]".

Aya magambo ye yafashwe nk'uburyo bwo gukumira abagize umutwe w'inyeshyamba wa M23, ashimangira ko ufashwa n'u Rwanda. U Rwanda rwakomeje guhana ibyo birego.

Skip podcast promotion and continue reading
WhatsApp channel ya BBC Gahuza

Amakuru ya BBC Gahuza ako kanya kuri WhatsApp yawe

Kanda hano ujyeho

End of podcast promotion

BBC Gahuzamiryango yasabye umuvugizi wa M23 kugira icyo avuga kuri ibi bishya byatangajwe na Perezida wa RDC ariko kugeza ubu ntarasubiza.

Ariko mu kwezi gushize ubwo ibyo biganiro byatangazwaga bwa mbere, umuvugizi wungirije wa M23 Oscar Balinda yabwiye BBC Gahuzamiryango ko ibyo biganiro ari "ibyanyirarureshwa", avuga ko uwo mutwe usanzwe uri mu biganiro by'amahoro na Kinshasa muri gahunda ya Doha kandi ko nta bindi biganiro wifuza kujyamo "uretse ibi turimo".

Ibi bishya byatangajwe na Tshisekedi binyuranye cyane n'ibyo bamwe mu batavuga rumwe n'ubutegetsi, barimo Martin Fayulu, basabye. Bo bifuza ko uwahoze ari Perezida Joseph Kabila ndetse na Corneille Nangaa, uyobora ihuriro rya AFC (Alliance Fleuve Congo) ririmo M23 nk'umutwe waryo wa gisirikare, na bo bazitabira ibyo biganiro.

Perezida Tshisekedi yavuze kandi ko ibiganiro bitandukanye biri kubera i Doha muri Qatar bigamije kugera ku masezerano y'amahoro hagati ya leta n'imitwe yitwaje intwaro bizakomeza.

Itangazwa ry'ibi biganiro byo ku rwego rw'igihugu ribaye mu gihe abatavuga rumwe n'ubutegetsi bakomeje kwamagana gahunda ya kamarampaka (referendum) igamije guhindura itegekonshinga, bavuga ko iyo gahunda ishobora gutuma Perezida Tshisekedi ashaka manda ya gatatu ku butegetsi. Manda ye ya kabiri iteganyijwe kurangira mu mwaka wa 2028.

Nubwo itariki y'igihe ibiganiro bizatangirira itaratangazwa, Tshisekedi yavuze ko hazashyirwaho komite izategura kandi igakurikirana uko ibyo biganiro bizagenda.