Trump avuga ko Arabie Saoudite igomba kwemera Israel kugira ngo habe amasezerano ya nikleyeri

Ahavuye isanamu, Getty Images
Perezida Donald Trump yavuze ko amasezerano hagati y’Amerika na Arabie Saoudite yo gufasha ubwo bwami bwo mu Kigobe cy’Abarabu gukora ingufu za nikleyeri yabaho ari uko Arabie Saoudite yemeye Leta ya Israel.
Mu butumwa yatangaje ku rubuga rwa Truth Social yagize ati: “Amasezerano ya Nikleyeri ya Gisivile (Nta byo kongerera ubukana bizabaho!)... ajyanye gusa n’ikoreshwa ritari irya gisirikare... azemezwa, ariko ashingiye mu buryo bwuzuye ku kuba Saudi Arabia yemera kwinjira mu masezerano yubashywe cyane kandi yageze ku ntego cyane.”
Ayo masezerano yagizwemo uruhare na Trump yatumye ibihugu bitanu – birimo ibihugu bibiri by’Abarabu – byemera Israel.
Mbere, Arabie Saoudite yavuze ko itazabikora hatabayeho ishingwa rya leta ya Palestine.
Kuri manda ya mbere ya Trump nka Perezida w’Amerika, Emira Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) na Bahrain byashyizwe umukono kuri ayo masezerano azwi nka ‘Abraham Accords’, bituma habaho kubyutsa umubano kwanditse amateka hagati ya Israel n’ibihugu bibiri by’Abarabu – ya mbere mu myaka ibarirwa muri za mirongo yari ishize.
Sudan, Maroc na Kazakhstan na byo kuva icyo gihe byamaze gusinya ayo masezerano.
Kugeza ubu, Arabie Saoudite ntirasubiza kuri ayo magambo ya Trump, avuze nyuma yo kunengwa n’inzobere ko ayo masezerano yatangajwe ku wa gatatu ashobora guteza ibyago byuko mu gihe kiri imbere hashobora kubaho kwigwizaho nikleyeri muri ako karere gasanzwe karimo umutekano mucye.
Izindi nkuru wasoma:








