Kim n'umugore we bahaye ikaze Xi ubwo yari ageze muri Koreya ya Ruguru

Ahavuye isanamu, CCTV
Umutegetsi wa Koreya ya Ruguru Kim Jong Un n’umugore we Ri Sol Ju bagaragaye baha ikaze Perezida w’Ubushinwa Xi Jinping ubwo yari ageze muri icyo gihugu.
Amashusho yatangajwe n’igitangazamakuru CCTV cya leta y’Ubushinwa abagaragaza bakoma amashyi banamwenyura.
Iyo videwo igaragaza umucyeka utukura urimo kuramburwa ndetse n’abasirikare ba Koreya ya Ruguru batonze umurongo ku mpande zombi zawo.
Ayo mashusho y’igitangazamakuru CCTV ntarimo Xi n’abamuherekeje, nubwo ku ruhande ibiro ntaramakuru Xinhua byatangaje ko Kim na Xi bahanye ikiganza, ndetse ko n’abana bo muri Koreya ya Ruguru bahaye indabo Xi n’umugore we Peng Liyuan.
Amakuru mashya ni bwo arimo kugenda amenyekana – ibitangazamakuru bya leta y’Ubushinwa n’ibya leta ya Koreya ya Ruguru ntibiratangaza ku mugaragaro ibyo abategetsi bombi barimo gukora ubu – ariko turabagezaho amakuru mashya uko tugenda tuyabona.
Izindi nkuru wasoma:





