'Yari umuntu wihariye': Abahanzi batandukanye bakomeje guha icyubahiro Dolly Parton

Ahavuye isanamu, Getty Images
Eminem
Umuraperi Eminem, izina rye nyakuri rikaba ari Marshall Mathers, yavuze ko Dolly Parton yamwoherereje ibaruwa yuje urukundo, nyuma y’uko bombi bashyizwe muri Rock & Roll Hall of Fame mu 2022.
Eminem yanditse ku mbuga nkoranyambaga ati:
"Mbabajwe n’uko tutabonye amahirwe yo guhura, ariko kubona iyo baruwa Dolly yanyoherereje rwose byangizeho uruhare rukomeye mu buzima."
"Rwose ntibyari ngombwa ko afata umwanya ngo abikore [anyandikire]. Ndetse no ku mwana wakundaga cyane kumva umuziki wa rap, Dolly yari intangarugero. Yari icyamamare cyo ku rwego rwo hejuru. Dolly, uruhukire mu mahoro. Kandi ndagushimira amagambo meza wambwiye.”
Brandi Carlile, umuririmbyi akaba n’umwanditsi w’indirimbo wo muri Amerika, na we yanditse ubutumwa bwuje urukundo bwo guha icyubahiro Dolly Parton. Yibutse igihe Dolly “yamfashe mu maso mu biganza bye maze akansengera”.
Carlile yagize ati: “Kuva icyo gihe sinigeze nongera kuba wa wundi. Birashoboka ko amasengesho ye yari afite imbaraga kurusha ayanjye cyangwa ay’undi muntu uwo ari we wese, kuko iryo sengesho ryagize ishusho y’uruziga rw'umukororombya kandi nizeye ko rizankomeza ubuzima bwanjye bwose.”
Beyoncé
Umuhanzikazi Beyoncé, umwe mu byamamare bikomeye ku isi wenda ushobora kugereranywa na Dolly Parton mu kwamamara, na we yavuze ko Dolly yari “umuntu wihariye.”
Mu butumwa yatangaje ku rubuga rwe, Beyoncé yanditse ati: “Dolly, wari icyitegererezo. Inyenyeri ituyobora. Washiraga amanga [wariyemezaga] kandi wari umuhanga, wari ufite impano kandi ntiwacikaga intege. Wigishije benshi uko umuntu yakwihagararaho akaba uwo ari we mu buryo bwihariye. Nshimira ubuhanzi bwawe, umutima wawe, kugira ubuntu kwawe, urwenya rwawe ndetse n’ubushobozi bwawe bwo kwihangira imishinga.”
Sabrina Carpenter
Sabrina Carpenter, icyamamare mu muziki wo mu njyana ya pop, yavuze ko azahora yibuka uburyo Dolly Parton yafataga ubuzima mu buryo bw’ibyishimo no kudakomeza ibintu, n’uburyo yagiraga “urwenya rudasanzwe”.
Carpenter yashyize kuri Instagram amafoto yabo bombi bari hamwe ati: “Ikintu cyonyine nashoboye kuvuga nyuma y’uko duhuye bwa mbere ni, ‘ni koko ameze nk’umumarayika ugenda ku isi’ kandi ‘turasa nk’aho dushobora kuba turi abavandimwe!’”
Billy Ray Cyrus
Umuhanzi Billy Ray Cyrus, wari inshuti ya hafi ya Dolly Parton ndetse bakaba barakoranye umuziki mu gihe cy’imyaka ibarirwa muri za mirongo, na we yavuze byinshi amwibukiraho mu buryo bwuje urukundo.
Ati: “Mfite ibihe byinshi cyane n’ibintu byinshi cyane nibuka [ndi kumwe] na Dolly, biragoye kumenya aho natangirira.
"Kimwe n’umuhungu wese wari ukiri muto, nakuze nkunda Dolly Parton. Yari umwe mu bagize ubuzima bwacu, kuri televiziyo zacu, [yabaga ari] mu byumba by’uruganiriro byacu.”
Izindi nkuru wasoma:



