IKIBIRIRAHO, Abantu barenga 350 bamaze gupfa muri Nepal, mu gihe inzobere ziburira ko hashobora kuba undi mwuzure

Ikigo cy’Amerika cy’ubushakashatsi ku miterere y’ubutaka (US Geological Survey) kivuga ko “ihirima ry’urubura” ryateje urukuta rw’amazi n’ibyondo, ibyo bigatemba bigana muri Nepal na Tibet. Abantu babarirwa mu magana baracyaburiwe irengero.

Incamake

Amakuru y'ikibiriraho

Didier Bikorimana na Latifa Mutesi

  1. Abantu barenga 350 bamaze gupfa muri Nepal, mu gihe inzobere ziburira ko hashobora kuba undi mwuzure

    Inzu zasenyutse n'ibyondo bivanze n'umucanga biri kumanuka byerekeza mu mugezi

    Ahavuye isanamu, Reuters

    Abatabazi bakomeje gushakisha abarokotse nyuma y’umwuzure ukaze w’igihe gito (flash flood) wabereye ku mupaka wa Nepal na Tibet, wasenye inzu nyinshi, ukangiza imihanda ndetse ugatembana ibiraro byinshi.

    Abantu barenga 900 baburiwe irengero, mu gihe abantu nibura 359 bamaze gupfa muri Nepal.

    Abakobwa babiri b’abavandimwe baracyategereje amakuru y’ababyeyi babo, bari baravuyemuri leta ya Texas muri Amerika bakajya muri Tibet mu rugendo rwo gusenga no gusura ahantu hakorerwa ingendo nyobokamana.

    Babwiye BBC bati: “Turabakunda cyane kandi dushaka ko bagaruka mu rugo.”

    Muri Tibet, abantu nibura 558 baburiwe irengero, naho batatu bamaze kwemezwa ko bapfuye. Ntabwo biramenyekana niba iyi mibare ikomatanye n'abamaze kubarurwa no muri Nepal.

    Ku mpande zombi z’umupaka, abanyamahanga babarirwa mu magana baburiwe irengero. Nepal ivuga ko muri bo harimo ba mukerarugendo 178 baturuka mu Buhinde, Abanya-Nepal 127, Abanyamerika 65 n’abandi 33 baturuka mu Bwongereza.

    Hari kandi abapolisi n’abasirikare babarirwa muri za mirongobaburiwe irengero.

    Ikigo cy’Amerika gikora ubushakashatsi ku miterere y’ubutaka (US Geological Survey), kivuga ko ihirima (isenyuka) ry’urubura rwo ku misozi hamwe no gutemba kw’amabuye, ibyondo n’ibindi bisigazwa byateje uwo mwuzure.

    Hari kandi ubwoba ko hashobora kubaho indi myuzure, kuko ibyo bisigazwa birimo n’ibyondo byafunze imigezi.

    Izindi nkuru wasoma:

  2. Abantu nibura 12 bishwe n'imiriro y'agasozi mu majyaruguru ya Algeria

    Umukozi w'urwego rushinzwe ubutabazi urimo kuzimya inkongi y’umuriro mu mujyi wa Bordj Okhriss, mu misozi ya Bouira, muri Algeria. Urwego rw'ubutabazi ruvuga ko imiriro yahagaritswe.

    Ahavuye isanamu, NurPhoto via Getty Images

    Insiguro y'isanamu, Abazimya umuriro ubwo bari bahanganye na wo muri Algeria mu kwezi gushize (ifoto mbarankuru yo mu bubiko)

    Abantu nibura 12 bamaze kwicwa n’inkongi z’umuriro w'agasozi zibasiye ahantu hanini mu majyaruguru ya Algeria.

    Urwego rushinzwe ubutabazi n’ubwirinzi bw’abaturage rwatangaje ko inkongi nyinshi zafashe mu ntara zitandukanye zikora ku nkombe yo mu majyaruguru y’icyo gihugu.

    Ku wa gatatu nijoro, Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Saïd Sayoud, yavuze ko abantu nibura 54 bakomerekejwe n’inkongi, harimo batandatu bari kuvurirwa mu byumba by’indembe.

    Izi mpfu zibaye mu gihe amajyaruguru y'Afurika akomeje kwibasirwa n’ubushyuhe bukabije, aho Tunisia na Algeria ari bimwe mu bihugu byibasiwe cyane.

    Sayoud yavuze ko abantu batanu bapfiriye mu ntara ya Jijel, bane bapfira muri Béjaïa, naho abandi batatu bapfira muri Tizi Ouzou.

    Minisitiri Sayoud yagiye i Béjaïa ari kumwe na Minisitiri w’ubuzima, Mohamed Seddik Ait Messaoudene, kugira ngo bagenzure uko ibikorwa byo kuzimya umuriro no kwimura abaturage bari mu bice byugarijwe birimo gukorwa.

    Urwego rushinzwe ubutabazi hamwe n'ibitangazamakuru byaho byatangaje ko abaturage benshi bo mu duce twa Bejaia na Jijel bamaze kwimurwa mu ngo zabo.

    Urwo rwego rw'ubutabazi rwavuze ko imiriro yahagaritswe.

    Izindi nkuru wasoma:

  3. Hatangajwe itariki y'urubanza rwa Khalid Sheikh Mohammed ushinjwa gucura umugambi w'ibitero byo ku itariki ya 11/9 byibasiye Amerika

    Iyi foto yabonywe ku itariki ya mbere Werurwe (3) mu mwaka wa 2003, igaragaza Khalid Sheikh Mohammed, ushinjwa gutegura ibitero byo ku itariki ya 11 Nzeri (9) mu 2001. Iyi foto yafotowe nyuma gato yuko afashwe.

    Ahavuye isanamu, HO/AFP via Getty Images

    Insiguro y'isanamu, Iyi foto yabonywe muri Werurwe (3) mu mwaka wa 2003, igaragaza Khalid Sheikh Mohammed, nyuma gato yuko afashwe

    Khalid Sheikh Mohammed, ushinjwa gucura umugambi w’ibitero byo ku itariki ya 11 Nzeri (9) mu 2001 byibasiye Amerika, azaburanishwa muri Kamena (6) mu mwaka wa 2028, nyuma y’imyaka irenga 25 habaye icyo leta y’Amerika yise “igikorwa cy’ubugizi bwa nabi cya mbere kibi cyane gikorewe ku butaka bw’Amerika mu mateka ya none”.

    Umucamanza wa gisirikare yanzuye ko urwo rubanza ruzatangira mu myaka ibiri iri imbere kuko itariki yo mu mwaka wa 2027 abashinjacyaha bashakaga iri bugufi cyane.

    Mohammed yari yarageze ku masezerano n’ubushinjacyaha, aho yari kwemera icyaha, na we akemererwa kuzaburanishwa mu rubanza rudateganywamo igihano cy’urupfu, ariko urukiko rw’ubujurire rwo ku rwego rw’igihugu rwanze ayo masezerano ku mpeshyi yo mu mwaka ushize.

    Uyu watawe muri yombi mu mwaka wa 2003, afungiye muri gereza ya Guantanamo Bay guhera muri Nzeri (9)mu mwaka wa 2006.

    Mbere, Mohammed yavuze ko yateguye “kuva kuri A kugera kuri Z” icyo gitero cyo ku itariki ya 11 Nzeri (9) mu 2001.

    Ku wa gatatu, Liyetona Koloneli (Lt Col) Michael A Schrama, umucamanza wo mu ngabo z’Amerika zirwanira mu kirere, yanzuye ko urwo rubanza rwa Mohammed n’abandi batatu bashinjwa hamwe na we ruzatangira ku itariki ya 5 Kamena (6) mu 2028.

    Izindi nkuru wasoma:

  4. RD Congo: M23 yanenze icyemezo cya leta cyo guhagarika amasomo muri kaminuza z'i Goma n'i Bukavu

    Abagabo babiri bo mu nyeshyamba za M23 bambaye imyenda ya gisirikare bahagaze bafite imbunda nini, i Goma, mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ku itariki ya 23 Gashyantare (2) mu 2025. Inyuma yabo hari inkuta z'inzu.

    Ahavuye isanamu, AFP VIA GETTY IMAGES

    Umutwe w'inyeshyambawa M23 wanenze icyemezo giherutse gufatwa na leta ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC) cyo guhagarika ibikorwa by’amashuri muri za kaminuza nyinshi zo mu mijyi ya Goma na Bukavu, uvuga ko cyafashwe biturutse ku bibazo bikomeje kwiyongera by’umutekano mucye.

    Mu itangazo yasohoye ku wa gatatu, M23 yavuze ko iki cyemezo cyafashwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa ku itariki ya 20 Kanama (8) "gihutiyeho" kandi "ntikitaye ku ngaruka zishobora kubaho".

    M23 yakomoje ku ngingo y’itegekonshinga iteganya ko buri muntu afite uburenganzira bwo kwiga, inaburira ko uburezi butagomba gukoreshwa mu nyungu za politiki.

    Mu itangazo yasohoye, M23 yagize iti: “Nta munyeshuri ukwiye guhatirwa guhara [kureka] umwaka w’amashuri, uburezi cyangwa ahazaza he kubera ibihe igihugu kirimo.”

    Yongeyeho ko “ingamba zikwiye zigamije gutuma amasomo akomeza, gutegura ibizamini no kurinda amanota y’abanyeshuri zimaze gufatwa kandi zirimo gushyirwa mu bikorwa ”.

    Mu ntangiriro y’umwaka ushize, M23 yatangije ibitero bikomeye byatumye yigarurira ibice byinshi byagenzurwaga n’ingabo za leta ya Congo, harimo n’imijyi ikomeye ya Goma mu ntara ya Kivu ya Ruguru na Bukavu muri Kivu y’Epfo.

    Nubwo M23 ivuga ko ibice yafashe birimo umutekano, imirwano ikomeje kubaho bya hato na hato hagati yayo n’ingabo za leta igaragaza ko ikibazo cy’umutekano mu bice byo mu burasirazuba bwa Congo kigihangayikishije cyane.

    Minisitiri w’amashuri makuru na kaminuza muri RDC, Prof Marie-Thérèse Sombo Ayanne, yavuze ko umutekano mucye urimo kubangamira imikorere isanzwe y’amashuri.

    Yategetse abayobozi b’ibigo by’amashuri biri mu duce dutekanye kwakira abanyeshuri baturuka mu bice byugarijwe n’umutekano mucye kugira ngo bakomeze amasomo yabo.

    Mu cyumweru gishize, abahagarariye leta ya RDC na M23 bumvikanye ku buryo bw’imikoranire bwo kumenyekanisha igihe habayeho kurenga ku masezerano y'agahenge ndetse no gusuzuma intambwe imaze guterwa n’imbogamizi bikigaragara munzira yo kugera ku mahoro.

    Ariko kuva icyo gihe impande zombi zakomeje gushinjanya ibikorwa byo guhonyora uburenganzira bwa muntu.

    Gahunda nyinshi zabayeho zigamije kugarura amahoro mu burasirazuba bwa RDC ariko kugeza ubu ntibiratanga umusaruro urambye.

    Izindi nkuru wasoma:

  5. Tanzania: CCM yatanze Minisitiri w'ingufu ku mwanya wa Visi Perezida mushya

    Deogratius Ndejembi akoze ikimenyetso n'ikiganza, yicaye arimo kuvugira mu ndangururamajwi iriho ipamba ry'ibara rya 'orange'. Yambaye ikositimu y'ubururu n'ishati y'umweru. Yicaye ku ntebe yegamirwa ikoze mu giti iriho umusego w'umukara.

    Ahavuye isanamu, NISHATI

    Insiguro y'isanamu, Deogratius Ndejembi atanzwe kuri uyu mwanya nyuma yuko uwari Visi Perezida yeguye

    Minisitiri w’ingufu (z’amashanyarazi) wa Tanzania Deogratius Ndejembi yatanzwe n’ishyaka riri ku butegetsi rya CCM ngo abe Visi Perezida mushya w’icyo gihugu nyuma y’iyegura rya Emmanuel Nchimbi.

    Ndejembi, w’imyaka 43, yatanzwe na komite nkuru ya CCM mu nama idasanzwe yabaye ku wa gatatu i Dar es Salaam, yayobowe na Perezida Samia Suluhu.

    Izina rye ryatangajwe n’umunyamabanga mukuru wa CCM Asha-Rose Migiro mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye mu ijoro ryo ku wa gatatu. Yanatangaje icyemezo cy’iryo shyaka cyo kwirukana Nchimbi kubera icyo uwo munyamabanga mukuru yasobanuye ko ari imyitwarire mibi.

    Izina rya Ndejembi ubu rigiye gushyikirizwa inteko ishingamategeko kugira ngo ryemezwe, bijyanye n’ibiteganywa n’itegekonshinga ku kuziba icyuho ku mwanya wa Visi Perezida. Itariki izina rye rizagerezwa mu nteko ishingamategeko ntiyatangajwe.

    Itangwa rye ku mwanya wa Visi Perezida ryabaye hashize umunsi umwe Perezida Samia yemeye ubwegure bwa Nchimbi, buzatangira gushyirwa mu ngiro ku itariki ya 4 Nzeri (9) uyu mwaka.

    Ndejembi ni Depite akaba n’umunyapolitike wo ku rwego rwo hejuru mu ishyaka CCM. Mbere yuko aba Minisitiri w’ingufu, yabanje kuba minisitiri wungirije ndetse nyuma yaho aba mu myanya inyuranye yo ku rwego rwa minisiteri y’umurimo n’ubutaka.

    Izindi nkuru wasoma:

  6. Umwuzure w’igihe gito ku mupaka wa Nepal na Tibet wishe abantu barenga 160, ba mukerarugendo amagana baburirwa irengero

    Umukecuru ufashwe n'umupolisi n'undi muturage umwe basize mu modoka icukura inyuma

    Ahavuye isanamu, EPA

    Abantu 162 bamaze gupfa muri Nepal, naho abandi babarirwa mu magana barimo ba mukerarugendo baburiwe irengero, nyuma y’umwuzure ukaze w’igihe gito (flash flood) n’ibyondo bifite imbaraga byamanutse ku bwinshi kubera inkangu.

    Muri ba mukerarugendo baburiwe irengero harimo abarenga 100 baturuka mu Buhinde, 54 bo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, 34 baturuka muri Australia ndetse na 33 baturuka mu Bwongereza.

    Abategetsi bavuga ko kandi hari abarenga 100 bo muri Nepal ubwayo baburiwe irengero.

    Ako gace gasurwa cyane n’abajya gusengera ahantu hatagatifu ndetse n’abakora ingendo zo gutembera mu misozi.

    Amerika, Ubushinwa, Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi n’Ubuhinde ni bimwe mu bihugu byasezeranyije gutanga ubufasha cyangwa kohereza ibikoresho by’ubutabazi.

    Hari kandi abapolisi n’abasirikare benshi ba Nepal baburiwe irengero, ndetse n’abakozi bakoraga mu bijyanye n’amashanyarazi.

    Umugore umwe warokotse yabwiye BBC ko “umuryango wanjye watwawe n’amazi ndi kubireba”. Yavuze ko we n’umuhungu we babashije kurokoka nyuma yo kurira hejuru y’inzu.

    Mu ntangiriro, abategetsi bakekaga ko umutingito w’isi waba wabanjirije uwo mwuzure. Ariko ikigo cy’Amerika gikora ubushakashatsi ku miterere y’ubutaka (US Geological Survey) cyatangaje ko “ingufu zo gutigita ahubwo zatewe n’inkangu.”

    Izindi nkuru wasoma:

  7. Mwaramutse neza!

    Ikaze kuri BBC Gahuzamiryango, aho tubagezaho amakuru yo mu karere no mu mahanga mu buryo mu buryo bw'aka kanya.