Jurgen Klopp yagizwe umutoza w'ikipe y'igihugu y'Ubudage

Ahavuye isanamu, Getty Images
Yahoze ashimwa nk’umucunguzi w’ikipe ya Liverpool. None ubu Jurgen Klopp yasabwe gukorera ibitangaza ikipe y’igihugu cye.
Mu kwezi gushize, Klopp yareberaga hanze y’ikibuga nk’umusesenguzi wo kuri televiziyo ubwo Ubudage bwasezererwaga mu gikombe cy’isi bitunguranye na Paraguay mu mukino wo gukuranamo warangiye hiyambajwe za penaliti.
Uko gutsindwa kwatumye umutoza Julian Nagelsmann yegura ndetse ibyo bishora Ubudage mu makuba yo gusobanukirwa uko umupira w’amaguru w’Ubudage usigaye umeze.
Nyuma y’ibyumweru bitatu, ni Klopp uhawe inshingano yo gucungura ikipe y’igihugu cye akayisubizamo imitekerereze iyo kipe yari yaramamayeho yo guharanira intsinzi, akaba yashyize umukono kuri kontaro yo kuyitoza imyaka ine.
Uyu mutoza yahawe inshingano yo kugeza iyi kipe mu mikino y’igikombe cy’Uburayi yo mu mwaka utaha (Euro 2028) no mu mikino y’igikombe cy’isi cyo mu 2030. Umukino we wa mbere nk’umutoza w’Ubudage uzayihuza n’Ubuholandi ku itariki ya 24 Nzeri (9) uyu mwaka.
Klopp yagize ati: “Ikipe y’igihugu ishobora gutuma twunga ubumwe nk’Abadage kurusha hafi ikindi kintu icyo ari cyo cyose. Icyo neza neza ni cyo gituma uyu murimo kuri jyewe wihariye cyane.”
Uyu mugabo w’imyaka 59, watsindiye igikombe cya Champions League n’icya Premier League ubwo yatozaga Liverpool ndetse agatsindira igikombe cya shampiyona y’Ubudage, Bundesliga, inshuro ebyiri ubwo yatozaga Borussia Dortmund, asanzwe afatwa nk’umwe mu batoza bakomeye cyane b'Abadage.
Ariko nubwo benshi bemeza ko ari we uberanye cyane no gutoza iyi kipe y’igihugu, ishyirwaho rye kuri uwo mwanya ryanateje impaka zikomeye mu Budage.
Izindi nkuru wasoma:







