Israel yigaruriye ingoro ikomeye muri Libani mu gihe ibitero byo ku butaka bigikomeje

Ahavuye isanamu, Reuters
Igisirikare cya Israel cyigaruriye ahantu hakomeye ho mu majyepfo ya Libani, mu cyo Minisitiri w’Intebe Benjamin Netanyahu yavuze ko ari "impinduka zikomeye" mu gitero cyayo ku mutwe wa Hezbollah.
Ibi bibaye mu gihe ingabo zirwanira ku butaka zigenda zirushaho kwinjira mu gihugu cya Libani ziva aho zari zisanzwe ziherereye ku ruzi rwa Litani.
Ubwongereza, Ubufaransa n'Ubudage igikorwa cya Isreal cyo gukomeza kugaba ibitero muri Libani nyuma yaho ingabo za Israel (IDF) ziburira abaturage benshi kwimuka bava mu gace kanini k'amajyepfo ya Libani.
Minisitiri w'Intebe wa Libani yashinje Isiraheli ko ikora icyo yise "ibihano rusange".
Umuburo uheruka wo kuva mu gihugu ni uwa kabiri utanzwe na Israel kuri Libani. Mu minsi ishize Israel yabwiye abaturage kuva mu majyepfo ya Libani yose ari munsi y'uruzi rwa Zahrani.
Umuvugizi w’ingabo za IDF yagize ati: “Umuntu wese uhari hafi y’ingabo za Hezbollah, ibikoresho cyangwa uburyo bwo kurwana ashyira ubuzima bwe mu kaga.”
Umuvugizi wa IDF yavuze ko "umubare munini w'abasirikare ba Israel barwanira ku butaka" bari muri iki gikorwa, "kuri ubu kirimo kwaguka kikagera no mu tundi duce".
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Ubwongereza, Yvette Cooper, yifatanyije n’ibihugu by’i Burayi ku Cyumweru mu gusaba Israel na Hezbollah guhagarika amakimbirane arimo kwiyongera.
Izindi nkuru wasoma:

