Abantu nibura 12 bishwe n'imiriro y'agasozi mu majyaruguru ya Algeria
Abantu nibura 12 bamaze kwicwa n’inkongi z’umuriro w'agasozi zibasiye ahantu hanini mu majyaruguru ya Algeria.
Urwego rushinzwe ubutabazi n’ubwirinzi bw’abaturage rwatangaje ko inkongi nyinshi zafashe mu ntara zitandukanye zikora ku nkombe yo mu majyaruguru y’icyo gihugu.
Ku wa gatatu nijoro, Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Saïd Sayoud, yavuze ko abantu nibura 54 bakomerekejwe n’inkongi, harimo batandatu bari kuvurirwa mu byumba by’indembe.
Izi mpfu zibaye mu gihe amajyaruguru y'Afurika akomeje kwibasirwa n’ubushyuhe bukabije, aho Tunisia na Algeria ari bimwe mu bihugu byibasiwe cyane.
Sayoud yavuze ko abantu batanu bapfiriye mu ntara ya Jijel, bane bapfira muri Béjaïa, naho abandi batatu bapfira muri Tizi Ouzou.
Minisitiri Sayoud yagiye i Béjaïa ari kumwe na Minisitiri w’ubuzima, Mohamed Seddik Ait Messaoudene, kugira ngo bagenzure uko ibikorwa byo kuzimya umuriro no kwimura abaturage bari mu bice byugarijwe birimo gukorwa.
Urwego rushinzwe ubutabazi hamwe n'ibitangazamakuru byaho byatangaje ko abaturage benshi bo mu duce twa Bejaia na Jijel bamaze kwimurwa mu ngo zabo.
Urwo rwego rw'ubutabazi rwavuze ko imiriro yahagaritswe.
Izindi nkuru wasoma: