Abayahudi babiri bakomeretse bikomeye bajombaguwe imbugita i Londres
Abagabo babiri b’Abayahudi bajombaguwe icyuma mu majyaruguru y’umujyi wa London mu Bwongereza igikorwa polisi yaho yise iterabwoba.
Abo bagabo umwe ari mu myaka 70 undi ari mu myaka 30 bahise batabarwa batangira no kuvurirwa aho byabereye.
Ukekwa, umugabo w’imyaka 45, yagerageje no gutera icyuma abapolisi, nk'uko igipolisi cyaho kibivuga.
Yahise akubitishwa akuma k’amashanyarazi maze atabwa muri yombi ashinjwa kugerageza kwica.
Polisi ivuga ko irimo gukora iperereza ngo barebe niba ari igikorwa cyari kigamije kwibasira Abayahudi baba i London.
Polisi ntiratangaza umwirondoro w’uwakoze iki gitero.
Chief Rabbi Sir Ephraim Mirvis umwe mu bakuru b’Abayahudi mu Bwongereza yagize ati: “Amagambo yo kubyamagana ntabwo agihagije”.
Yongeyeho ati: “Uru ni urwango dukwiye twese kwamagana”.
Ibikorwa byibasira Abayahudi bikunze kuvugwa mu mijyi itandukanye iburayi kubera ubuhezanguni bwa bamwe bushingiye ku kunenga ibikorwa na leta ya Israel muri Palestine.
Izindi nkuru wasoma: