'Ububabare' bwa Arsenal buzenyegeza ikibatsi cy'umuriro nyuma yuko ishenguwe umutima muri Champions League

Abakinnyi ba Arsenal batatu barangajwe imbere na Declan Rice bahagaze bamanjiriwe, inyuma yabo hari abandi bakinnyi babiri ba Arsenal batagaragara neza mu maso bari kumwe n'umukinnyi wa Paris Saint-Germain, utagaragara neza mu maso, ufashe ku rutugu rw'umukinnyi wa Arsenal mu kumuhoza, nyuma yuko Paris Saint-Germain itsinze Arsenal ku mukino wa nyuma wa Champions League, ku wa gatandatu nijoro, ku itariki ya 30 Gicurasi (5) mu 2026.

Ahavuye isanamu, Getty Images

Insiguro y'isanamu, Arsenal ni yo kipe ya mbere imaze gukina imikino myinshi (226) mu mateka ya European Cup/Champions League idatsindiye iki gikombe
    • Umwanditsi, Alex Howell
    • Igikorwa, Umunyamakuru wibanda kuri Arsenal wari uri ku kibuga Puskas Arena
  • Yatangajwe
  • Igihe co gusoma: iminota 4

"Ububabare."

Iryo ni ryo jambo rya mbere ryasohotse mu kanwa k'umutoza wa Arsenal Mikel Arteta mu kiganiro yagiranye n'abanyamakuru nyuma y'umukino, ubwo yari abajijwe uko yavuga mu ncamake gutsindwa n'ikipe ya Paris Saint-Germain (PSG) ku mukino wa nyuma wa Champions League i Budapest mu murwa mukuru wa Hongrie.

Kuri iki cyumweru, Arsenal iraza gushengererwa iri ku karasisi k'imodoka ya bisi ufunguye hejuru mu kwishimira gutsindira igikombe cya shampiyona y'Ubwongereza, Premier League, nta masaha 24 ashize ishenguwe umutima kuri uwo mukino wa nyuma.

Iyi kipe izwi nka 'the Gunners' (cyangwa 'Abarashi') yo mu gace ka Islington mu majyaruguru y'umurwa mukuru London w'Ubwongereza, yari itaratsindwa muri Champions League muri uyu mwaka w'imikino ubwo yajyaga ku mukino wa nyuma ku wa gatandatu nijoro, yahushije kuba ikipe itaratsinzwe ku rwego rw'Uburayi ubwo yatsindirwaga kuri za penaliti, nyuma yuko umukino wari warangiye amakipe yombi anganya igitego 1-1.

Arsenal irababaye ariko irafata indege isubire i London mu gitondo cyo kuri iki cyumweru, nyuma ize kwifatanya n'abafana mu kwishimira umwaka w'imikino uyiteye ishema.

Mbere y'umukino, umutoza Arteta yavuze ko ashaka gukoresha intsinzi ya Premier League nk'urubuga rwo kugera mu byerekezo bigari kurushaho no kwiha intego yo kwegukana ibindi bikombe.

Ariko, ikibabaje, ikipe ye yatsikiye mu rugamba rwa nyuma mu rugendo rwo gushaka kwegukana igikombe cya mbere cy'Uburayi, ku mukino wa nyuma wayo wa mbere muri iri rushanwa kuva mu mwaka wa 2006.

Arsenal yahatanye cyane ariko ibura kuba intyoza mu gusatira izamu, mu gihe PSG yihariye umukino ku kigero cya 75% ndetse amaherezo iza gutsindira kuri penaliti ubwo myugariro wa Arsenal Gabriel dos Santos Magalhães yamururaga inyoni kuri penaliti ye.

'The Gunners' ni ho ha handi yagize umwaka w'imikino mwiza cyane, itsindira Premier League ku nshuro ya mbere mu myaka 22, ariko se, uburyo yatsinzwemo bushobora kuba ari cyo kintu gisunika Arsenal mu mwaka w'imikino utaha?

'Bigiye gusaba ko tugomba kwerekana iyo ntego'

Skip podcast promotion and continue reading
WhatsApp channel ya BBC Gahuza

Amakuru ya BBC Gahuza ako kanya kuri WhatsApp yawe

Kanda hano ujyeho

End of podcast promotion

Birumvikana umutoza wa Arsenal n'abakinnyi be bagaragaraga bamanjiriwe ubwo umukino wari urangiye.

Arteta yagize ati: "Biragoye cyane kubyakira iyo wakomeje guhozaho cyane [mu kwitwara neza] mu nzira yose kugeza ku mukino wa nyuma, nuko amaherezo ukaburira igikombe kuri za penaliti", nyuma akomoza ku cyemezo cyo kudaha Arsenal penaliti mu gace ka kabiri ko mu gihe cy'inyongera, ubwo Noni Madueke wa Arsenal yagundaguranaga na Nuno Mendes wa PSG.

Uyu mutoza w'Umunya-Espagne yagize ati: "Narebye penaliti zose muri iri rushanwa mu masaha 72 ashize kugira ngo nsobanukirwe iri penaliti n'itari penaliti, kandi iriya [yo] ishobora kuba penaliti mu buryo bworoshye."

"Ariko ni niba, niba, niba. Ntabwo ari byo byabaye.

"Ducyeneye gukora neza kurushaho, tugomba kunonosora no gushaka imfuruka zinyuranye zo kugera ku musaruro dushaka."

Arteta yamaze kwerekeza ibitekerezo bye ku mwaka w'imikino utaha no gufasha Arsenal gusubira muri iki cyiciro.

Yagize ati: "Mbere na mbere, nzafata iminsi micyeya mbe ndi kumwe n'umuryango wanjye ndetse bazatangira igikorwa cyo gusuzuma ibyo twakoze."

"Tuzatangira gufata ibyemezo bimwe na bimwe by'ingenzi cyane niba dushaka kugera ku rundi rwego.

"Kandi bigiye gusaba ko tugomba kwerekana iyo ntego kuko dufite ubushobozi burenze bwo kubikora, ariko bigiye kudusaba kugira intego cyane, kwihuta cyane no kuba abanyabwenge cyane."

Arsenal yakoresheje miliyoni zigera kuri 250 z'amapawundi (hafi miliyari 500 FRW) mu igura ry'abakinnyi ryo ku mpeshyi ishize ndetse bigaragara ko yiteguye kongera gushora, mu gihe kuri iyi mpeshyi mu bo ishaka harimo umukinnyi wo hagati, umukinnyi wo ku ruhande rw'ibumoso na rutahizamu.

Umusesenguzi wa ruhago Nedum Onuoha yabwiye BBC Sport ati: "100% nta ho bagiye kujya."

"Muri uyu mwaka w'imikino no mu mwaka w'imikino ushize bagaragaje ko ari beza bihagije mu kugera kure muri Champions League.

"Nubwo batsinzwe, baracyari imwe mu makipe akomeye cyane i Burayi."

Isuzuma ry'ikipe ya Arsenal rizaba ku mpeshyi ariko iyi kipe yateye imbere cyane ugereranyije n'uko yari imeze ubwo Arteta yatangiraga kuyitoza mu 2019.

Bukayo Saka ni we mukinnyi wa nyuma usigaye wo muri iyo kipe ndetse Arteta yavuze ko byabaye "ibyishimo" gusangira uyu mwaka w'imikino n'abakinnyi be n'abakozi bakorana.

Julien Laurens, umunyamakuru w'Umufaransa ukorera i London akaba n'inzobere ku mupira w'amaguru w'i Burayi, yavugiye kuri BBC Radio 5 Live ati:

"Birababaje cyane ku bafana ba Arsenal, ariko byanze bikunze iyi kipe izatsindira Champions League."

"Mikel Arteta azareba ibyiza kuko ni uko ameze [ni uko ateye]. Arsenal irimo kugenda irushaho kwegera."

Kandi kuri Arteta, nubwo afite ubwo bubabare, avuga ko yiteguye kwishimira intambwe nini Arsenal yateye.

Yagize ati: "Nari nsanzwe nzi uko [abafana] biyumva ku ikipe. Ndashaka kubashimira ku bwa buri kintu cyose badukoreye muri uyu mwaka w'imikino wose."

"Ibihe bigoye nk'ibi, babanye na twe. Byabaye ibyishimo kubona uko babyakiriye ubwo twashoboraga gutsindira shampiyona nyuma y'imyaka 22.

"Birababaje cyane kuri bo kuba tutagitsindiye uyu munsi [ejo ku wa gatandatu] kuko sinshobora no kwiyumvisha uko byajyaga kugenda.

"Twese twari dufite ubushake bwinshi cyane bwo kugitsindira ndetse ejo [kuri iki cyumweru] tuzagira umunsi mwiza cyane, ndabizi neza."