Iran: Abagabo batatu bishwe nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gusambanya abana ku ngufu
Ubucamanza bwa Iran bwatangaje ko abagabo babiri bishwe kubera “icyaha cyo gufata ku ngufu umwana w’imyaka 14” mu mujyi wa Qorveh nk’uko bivugwa n’ishami rya BBC ry’Igiperse.
Amakuru iryo shami rikesha ikinyamakuru Mizan cy’ubucamanza, avuga ko abo bagabo “bemeye ko bakoze icyo cyaha” kandi igihano cyabo cyagumishijweho n’Urukiko rw’Ikirenga.
Itariki n’igihe urubanza rw’abo bagabo rwabereye ntabwo byatangajwe.
Mu rubanza rutandukanye n’uruzu, Mizan ivuga ko undi mugabo nawe yishwe mu mujyi wa Rasht kubera gufata ku ngufu, kwica, no guta umurambo w’umwana w’imyaka 10 muri Kanama(8) umwaka ushize wa 1404 ku kirangaminsi cya Iran (2025 ku kirangaminsi dukoresha).
Mizan ivuga ko uwo mugabo na we yemeye icyo cyaha kandi ko igihano cye cyagumishijweho n’Urukiko rw’Ikirenga.
Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu ivuga ko Iran ari cyo gihugu gifite umubare munini w’abantu bahabwa igihano cy’urupfu ku isi nyuma y’Ubushinwa.
Umubare w’abahabwa icyo gihano wariyongereye kuva iki gihugu cyaterwa na Israel na Amerika.
Ibi bigo bivuga ko kuva mu myaka za mirongo ishize abenshi bahabwa iki gihano bicwa bamanitswe mu mugozi, nubwo amategeko ahana ya Kisilamu agenderwaho anemera ko uwahawe icyo gihano ashobora kwicwa arashwe urufaya, atewe amabuye, cyangwa abambwe – nubwo ubwo buryo busa n’aho butagikoreshwa, nk’uko bivugwa n’ikigo Iranhr.
Izindi nkuru wasoma: