Drone yo mu nyanja yarokoye abakozi ba kajugujugu y'ingabo za Amerika hafi ya Hormuz

Ahavuye isanamu, Getty Images
Abategetsi ba Amerika batangarije CBS News, igitangaza makuru gikorana na BBC, ko abakozi babiri ba kajugujugu y'ingabo za Amerika yaguye hafi y'umuhora wa Hormuz kuwa mbere barokowe n'indege na drone y'abanyamerika.
Abategetsi bongeraho ko ari bwo bwa mbere igikorwa nk'iki cyakozwe n'ingabo za Amerika.
UAbakuru b'ishami ry'ingabo za Amerika rizwi nka Centcom bwari bwavuze mbere ko "abasirikare babiri barokowe mu gihe cy'amasaha abiri kandi ko bameze neza" nyuma y'aho kajugujugu yabo ya AH-64 Apache ihanukiye "hafi y'inkombe za Oman ubwo yagenzuraga amazi yo mu karere".
Ntabwo byasobanuwe neza niba indege yari yagize ikibazo cya tekiniki cyangwa ikindi kibazo cya tekiniki, cyangwa niba yarahanuwe n'isasu rya Iran. Iki kibazo kirimo gukorwaho iperereza.
“Ubutabazi bwayobowe n’ubuyobozi bukuru bw’ingabo zirwanira mu mazi za Amerika n’ishami rya 82, hamwe n’inkunga y’ingabo zirwanira mu kirere za Amerika n’izirwanira mu mazi zirimo itsinda rya 5 ry’ingabo zirwanira mu kirere za Amerika,” nk’uko itangazo ribigaragaza.
Abakuru ba gisirikare baganiriye na CBS News bavuze ko aba bombi barokowe n'indege idatwa n'abapilote yo ku butaka yari iyobowe na Task Force 59.












